03. IBISA BITAGIRA ISANO HIV & HTT

N’ubwo maze imyaka isaga 16 narakiriye Yesu nk’Umwami  n’Umuki0za wanjye kandi nsoma Ijambo ry’Imana buri munsi, ntabwo  nari narigeze nsobanukirwa ko nubwo mu mategeko y’ab’isi icyaha  ari gatozi, nyamara ko mu buryo bw’umwuka icyaha gikozwe  mw’izina ry’ubwoko cyangwa umuryango kigomba kwihanirwa  kikaturwa n’utaragikoze ariko ariko cyarakozwe hitwajwe ubwo  bwoko cyangwa umuryango. Ariko umunsi numvise Marie Esther  Murebwayire asobanura ljambo dusanga muri Obadiya umurongo wa  11 rivuga riti «Wa munsi wihagarariraga ureb ra gusa, … wari  umeze nk’uwo muri bo», uwo mwanya nahise nsubiza amategeko  nigishijwe «mu kabati», ndatekereza, ndetse mboneraho kwibuka ko  Bibiliya itubwira ko «ubwenge bw’iyi si ari ubupfu ku Mana» (1  Abakorinto 3:19).  

Iri jamb0 ryo muri Obadiya 11 ryatumye nsubiza amaso inyuma nibuka ukuntu ubwo nari muri Amerika muri Nyakanga 1994  narebaga kuri za televiziyo imbaga y’abahutu iiho ihungana n’abicanyi ruharwa bari basize banitse imirambo ku gasozi, nyamara  abo bahutu bakagendana n’izo Nterahamwe nta bwoba nta  

n’umususu. Nahise nsobanukirwa impamvu mu buryo bwUmwuka  n’umuhutu utaragize uruhare mu itsemba-batutsi, icyo cyaha  kimwomaho nk’umuvumo, kandi ko atari ku bwamaraso ya Yesu,  uwo muvumo ntaho abahutu tuzawuhungira.  

Ndakangurira abanyarwanda bose, ariko cyane cyane bene wacu  b’abahutu, kwakira ubuhamya n’ihishurirwa biri muri iki gitabo bafite  ubwoba no guhinda umushyitsi; bagaca bugufi bagahindukirira  Imana Se wUmwami wacu Yesu Kristo, tukihana twese nta zindi  mpaka cyangwa urubanza icyaha cy’itsemba-batutsi nk’«CYAHA  RUSANGE» Interahamwe n’abari bafatanije nazo bashyize mu bikorwa  bitwaje ubwoko bwacu bw’ubuhutu.  

Ubuntu bw’Umwami wacu Yesu Kristo bubane namwe mwese  mutangiye gusoma iki gitabo <UMUZI W’INZIKA Y’INZIGO: RWANDA  NYUMA Y’AMAHIRWE YA NYUMA>.  

Pastor Jean-Claude Kalinijabo  

Vancouver, Canada  

22 Mata 2013.