103

Ariko igihe cyageze ngo impunzi zose zitahe kuko ubundi byari bimeze nko «guta Matene». Hari na za Komisiyo zigezweho ari zo : Imihigo, Mituweri de santé, Ubudehe, Udusozi Ndatwa, Uturima tw’igikoni, Gira inka, Umurenge w’icyitegererezo, Intore, TG, na none Intore… n’ibindi bigaragaza ubushakashatsi bw’ubwenge bw’imiruho. Hamwe n’Imirenge Sacco, na Mwalimu Sacco, hashobora no kuzaza na za Mariya Sacco. Ngo hakabaho n’itorero ry’igihugu. 

Kuko na yo ubwayo «Leta yiyita iy’ubumwe» ikorwa mo n’abanyamahanga «iraregwa» kuko ibabwamo na bariya bose twavuze, ni bo bahora bayivuruga, bayisahura bayisuzuguza, ntibayikunda kuko si Abenegihugu nyir’izina. Ruriya ruvangitirane rwose rw’abanyamahanga bose baba muri Leta yiyise iy’ubumwe amacakubiri ni ho abarizwa, aho buri wese afite ingengabitekerezo ye ihuje n’amateka ye y’irari rye, byinshi bikajyana n’aho baturutse no gushaka gukira cyane. Bakiba bagasahura bajyana hanze, kuko ntacyo bibabwiye, kuko ni abanyamahanga b’abatutsi bavuga ururimi rw’ikinyarwanda. Buri wese agashaka ko buri wese amwemera kandi bose ari intagondwa z’abibone b’abanyamafuti. Ni yo mpamvu bangana urunuka bakanicana kandi bahuje ubwoko n’imiruho, bose banga agasuzuguro. Bakunda guhora mu bushorishori, ntibibaze ko bashobora guhanuka kandi bikaba byakwivugiza cyane. 

Kandi baraziranye, bazi ko bose ari abanyamahanga, ariko ntibashaka kubivugaho kuko kirazira, byatuma batarya neza, bahitira mu nkiko, kuko : «BARI MURI LETA YITWA IY’UBUMWE». Kandi ntabwo twemererwa kuvuga kuri ariya moko aduhindura abanyamahanga, biradutoneka kubera amateka, kandi turashaka gukomeza kwisahurira mubyo twita ibanga. Kandi : «twese tugakomeza kuba Abanyarwanda». 

Leta yiyita iy’ubumwe irahuzagurika, muri icyo kibazo, iyo isobanuriwe ko mu Rwanda hataba Abanyarwanda kandi ari bo bakenewe, kandi bikavugwa ku mugaragaro, uba ubaye : «Umuginga» na «Useless and Nothing», n’ayandi mazina bita abo batavuga rumwe ntasubiramo… kuko mfite ikinyabupfura. Ariko ubwo uwo aba avuze, noneho ibyo bisambo bikajya kubyigaho byitonze, none batangiye kwemera gato ko bashobora kuba ari abanyamahanga. Kuko ibihe nibyo bibibemeza ku ngufu. 

Subiramo ngo IBIHE. Ongera uti IBIHE… Vuga ngo IBIHE. Niyo mpamvu Leta yiyita iy’ubumwe ishakisha buri kimwe cyose cyahindura aba banyamahanga Abanyarwanda ku ngufu. Kuko izi gushyira abantu ku murongo, babishaka batabishaka, ni ku ngufu gusa, ikoresha igitugu nyine kuko ari inyamahanga. Ntijya yiyizera na rimwe, kubera ko izi ko ari inyamahugu. Iramutse ari «inyene-gihugu» yakora neza yitonze kandi ikabikorana urukundo ibyifuriza kurama bakaramana. Murumva? Ni INCANCURO, irisahurira, sinzi aho ijyana, sinzi n’uko izabirya. Igerageza kwibeshya ibizi neza kandi