538

– Mwirinde impuha z’amaradiyo runwa; uzafatwa akurikira inkuru zitari iza Bibiliya Imana itabimuyoboyemo azahanwa by’intangarugero. 

– Nta guhagarara, gusenga na nijoro murabyemerewe kuko muyoborwa n’Umwuka. 

– Musabwe kuvumbura umwanzi kandi mukavuza induru, ntihazagire umuhishira; mujye muvugisha ukuri muri byose murwanye Satani nawe azabahunga, we n’Abadayimoni be. 

– Mugomba kurwanya buriya bubari bucuruza abana b’abakobwa hahandi baceza bambaye ubusa n’ibindi biyobyabwenge byose. 

– Buri wese asabwe gukunda igihugu cye ntiyite ku banyamurengwe. 

– Umenye inkuru idasanzwe asabwe kubimenyesha aba Pasitori, niba bahari. 

– Ni byiza gufunga amadini atubatse neza kuko bituma bagura Viziyo ya Antikristo, «ariko biranatuma Yesu yunguka kuko twasubiye ku “Rufatiro rw’Intumwa n’Abahanuzi”, aho bateraniraga mu ngo zabo». 

– Ntacyo inyubako zitubwiye. 

– Abasakurisha ibyuma nabo nababwira iki? Kuki se badacecekesha utubari? 

– Mwirinde kumara umwanya munini kuri television, no mu yandi mazimwe. 

– Buri wese ajye mu mwuka wo gusenga, na Polisi y’igihugu ifatwe n’uwo mwuka icunge sana, trafic cyane cyane. Abasirikare barinde imipaka. 

– Buri Mukristo w’umurokore abaze Imana vuba vuba icyo amaze kugira ngo atazaburana yamaze kuba «Démobilisé». 

– Niba utera (kwera) imbuto zikwiriye abihannye nturi uwa Kristo ahubwo uri umukozi wa Antikristo, so ni Satani, Urabyemera se? 

– Ntimuzigere mwemera abatinganyi. 

– Ntimuzemere gukuramo inda. 

– Ntimuzemere gutwika imirambo. 

– Mushyingure ayo magufa mwanitse imyaka n’imyaniko.

– Buri wese ufite ubwoba bwo gupfa ni arebe impamvu abitinya, n’uwishimiye kubaho amenye impamvu. 

– Abagize Yesu agakingirizo ibyabo byagaragaye. 

– Abakorera Satani mu mayeri bishushanya nabo kababayeho isaha yabagereyeho. 

– Muri iki gihe twitegura gusurwa n’ijuru, Imana yarangije gushyira hanze abishakira inyungu zabo. 

– Buri wese wariye akarigisa iby’abapfakazi n’imfubyi na mayibobo n’izindi mfashanyo z’abatishoboye haba mu idini ryiyita Itorero cyangwa mu buyobozi bwite bwa